Ishyaka CNL rya Agathon Rwasa ryatangaje ko uhereye ejo tariki 20 Gicurasi ubwo muri iki gihugu habaga amatora y’Umukuru w’igihugu, abarwanashyaka baryo barenga 200 baraye muri za kasho mu buryo butubahirije amategeko kuko ngo bashinjwa ibyaha bihimbano byo gutoba amatora.
Iri shyaka rivuga ko abarwanashyaka baryo bakomeje gukandamizwa mu gihe ibyavuye mu matora bitari byatangazwa ku mugaragaro. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’iri shyaka, Terence Manirambona wavuze ko kuwa Gatatu aribwo hafunzwe abarwanashyaka benshi babashinja kwangiza amatora no kuri uyu wa Kane bakaba abiganjemo indorerezi zaryo bakomeje gufungwa ubwo bajyaga gukurikirana ibikorwa byo kubarura amajwi nk’uko babyemererwa n’amategeko ariko bakabashinja ibyaha bidafatika.
Manirambona avugana na BBC yagize ati ”Bafataga nk’umuntu bati wowe uje ukerewe , bagata muri kasho. Abandi uvuze ati ‘iki kintu muri gukora ntikisunze amategeko kuko amategeko avuga gutya, bakavuga bati ‘wowe uri gushaka gutoba amatora.’
Akomeza avuga ko hari bamwe bahitaga bacirwa imanza ako kanya kandi nta birego bifatika bibariho kandi nta n’ubarega. Kugeza ubu igipolisi cy’u Burundi ntacyo cyari cyatangaza ku bivugwa n’Umuvugizi wa CNL ubwo amatora yasozwaga ku mugoroba wo kuri uyu w’ejo kuwa Gatatu cyari cyabwiye itangazamakuru ko amatora yabaye mu mutuzo n’amahoro.
Amatora y’umukuru w’igihugu yo gushaka uzasimbura Perezida Pierre Nkurunziza ucyuye igihe yabaye ejo akaba yari ahatanyemo abakandida barindwi barangajwe imbere na Gen Evariste Ndayishimye wo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, Agathon Rwasa wa CNL na Gaston Sindimwo uhagarariye UPRONA. Aya matora akaba yarabaye imbuga za interineti zose zakuweho mu gihugu hose, ibintu Agathon Rwasa yanenze bikomeye.
Kugeza ubu bimwe mu bimaze gutangazwa byavuye mu ma komini amwe n’amwe bigaragaza ko ishyaka CNDD-FDD ariryo riri imbere n’amajwi 80% mu mibare rusange y’amatora atatu yabaye, ni ukuvuga ku mwanya w’umukuru w’igihugu, itora ry’abagize inteko ishinga amategeko, n’iry’abakuru b’amakomini kandi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane imbuga nkoranyambaga na interineti byari byongeye gusubizwaho.


