Burundi: Abaperezida ba Afurika babonye ko amahoro akiri inzozi

Sangiza iyi nkuru

Abantu batari bacye bakomerekejwe na grenade yatewe mu kivunge kuri uyu wa gatanu mu gihe iki gihugu cyakiriye guhera kuri uyu wa Gatatu itsinda ry’abakuru b’ibihugu na guverinoma bo muri Afurika batumwe na A.U. mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi muri iki gihugu.

CcIqagSUEAIUWvy

Iki gitero cya grenade mu gace ka Buyenzi kandi kikaba cyaje mu gihe umujyanama wa perezida w’u Burundi, Willy Nyamitwe yari yatangaje ko aba bakuru b’ibihugu biboneye ko mu Burundi hari amahoro nta bwicanyi buhari.

Aba bakuru b’ibihugu batanu kuri uyu wa kane nimugoroba babanje kubonana n’abahagarariye amashyaka ya politiki, nyuma babonana n’abahagarariye amashyirahamwe adaharanira inyungu za politiki.

CcIqZ1XUUAEaNu5

Mu gutangiza ibiganiro n’aba banyapolitiki, uyoboye izi ntumwa, Jacob Zuma, yatangaje ko bazanywe no kureba inzira zikenewe zo gushyigikira ubushake bw’ibihugu by’akarere bwo gufasha kugarura amahoro mu Burundi.

CcIqZo9VAAIL4Wb

Byari biteganyijwe ko kuri uyu wa gatanu aribwo aba bakuru b’ibihugu baganira na perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *