Urwego rushinzwe iperereza mu Burundi (SNR) biravugwa ko rwatangiye kwica Imbonerakure n’abasirikare ba kiriya gihugu banze kujya kurwana n’umutwe wa M23 mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ababarirwa mu munani ni bo bamaze kwicwa, nk’uko Radio Publique Africaine ibivuga.
U Burundi bumaze igihe bwohereza muri RDC abasirikare n’Imbonerakure bo guha umusada Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) zimaze imyaka irenga ibiri zihanganye mu ntambara na M23.
Amakuru cyakora avuga ko hari bamwe mu basirikare banga kujya kurwana iriya ntambara, kubera kudasobanukirwa impamvu u Burundi bwayinjiyemo.
Aba usibye gutabwa muri yombi bagafungwa, ngo banamaze igihe bicwa urusorongo nk’uko RPA ibivuga.
Iyi radiyo ivuga ko mu makuru yakuye mu rwego rushinzwe iperereza mu Burundi ari uko ku wa 30 Mutarama hari abantu umunani barimo abasirikare babiri n’Imbonerakure eshashatu zishwe, nyuma yo kuvanwa muri gereza ya SNR iherereye i Bujumbura.
Aba bivugwa ko biciwe mu mashyamba ari hafi y’ahashyinguwe Abanyamulenge biciwe muri Zone Gatumba, nyuma yo kuhajyanwa batwawe mu modoka ya SNR ifite Plaque B6403
Gen de Brigade Ildephonse Habarurema ukuriye urwego rw’iperereza ry’u Burundi ashinjwa kuba ari we watanze itegeko ryo kwica bariya basirikare n’Imbonerakure.


