Abaturage batuye mu gace ka Bumba n’utundi twegereye ishyamba kimeza ry’Ikibira, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano wabo, nyuma yo kuribonamo abantu bitwaje intwaro bavuga Ikirundi.
Aba baturage basaba inzego z’umutekano kuwukaza muri aka gace. Baganira na SOS medias/ Burundi, abo mu duce twa Bumba, Bitare na Bihembe, muri Komini Bukinanyana, Intara ya Cibitoke, bavuze ko kuva uku kwezi kwatangira, hari abantu bitwaje intwaro bagiye babona muri iri shyamba.
Uyu ati” Umuyobozi w’ingabo muri Batayo ya gisirikare ya 112, yaraduhumurije, yatubwiye ko nta kintu na kimwe kigomba kudutera ubwoba”.
Undi ati “Ntabwo tuzi intego yabo kuko n’ubwo yaba umwana ugerageje gutamba agana ku nkambi y’aba basirikare ntabwo bamwemerera”. Bagakomeza basaba ko inzego z’umutekano zakomeza kubaba hafi.
Kuva mu mwaka wa 2015, ubwo mu Burundi havukaga imvururu zari zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza, bamwe mu bari abatoni mu ishyaka CNDD-FDD, bagannye iy’ishyamba, bityo bakaba baragiye bumvina kenshi mu itangazamakuru mpuzamahanga batangariza Perezida Nkurunziza ko aho bari ‘batarimo kurera amaboko’.
Muri raporo zishyirwa ahabona na Loni, bigaragara ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari imitwe itandukanye irwanya Leta ya Nkurunziza, irimo Red-Tabbara, FLN ya Aloys Nzabampema na Forebu bivugwa ko iyobowe na Gen Niyombare n’abandi bahoze bakomeye kuri iyi Leta iriho mu Burundi.


