Abayoboke b’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa bashinja Pierre Nkurikiye uvugira Minisiteri y’umutekano, kubogama akarengera abagizi ba nabi bakubise bakanakomeretse ndetse bakanica umwe mu bayoboke baryo.
Iri shyaka rivuga ko Pierre Nkurikiye yavuze ko abayoboke baryo aribo banyamafuti nyuma y’ugushyamirana kwabayeho hagati yaryo n’urubyiruko rwa CNDD-FDD, ubushyamirane bwaje gukurikirwa no gusenya zimwe mu nyubako z’aya mashyaka..
Mu muhango wo gushyingurwa Nsavyumwami Gregoire wiciwe muri izo mvururu zavuzwe, umunyamabanga w’ishyaka CNL, Bizimungu Simon yavuze ko amahanga akwiriye kujya kureba ibirimo kubera mu Burundi, by’umwihariko agakorera ubuvugizi abayoboke b’iri shyaka ngo bahohoterwa umunsi ku wundi.
Pierre Nkurikiye yavuze ko abakora inama mu majoro aribo bateza umutekano muke no gushyamirana kw’abayoboke b’amashyaka. Ibi ntabwo byanejeje CNL.
Anenga icyo yise ukubogama, Bwana Bizimungu yagize ati “Ishyaka CNL rinenga bikomeye imvugo ibogamye y’umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano (Nkurikiye), bigaragara ko afite intego yo guhanagura icyaha no gutiza umurindi abakorera urugomo abayoboke ba CNL”.
Inama nkuru y’umutekano yateranye nyuma y’uko gushyamirana kwabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, ndetse inasaba abayobozi b’amashyaka gukorera ku ntego ya Leta yo kwimakaza amahoro n’umutekano, ikananenga ibi bikorwa byo guhangana hagati y’aya mashyaka.
Ishyaka CNDD FDD ntacyo ryari ryatangaza kuri uku gushyamirana mu gihe CNL ishinja Imbonerakure kuba inyuma y’ibi bikorwa. https://bwiza.com/2019/08/20/burundi-umuyoboke-wa-agathon-rwasa-yishwe-batandatu-barakomeretswa/
Â
Â


