Kugeza ubu abakandida babiri ku mwanya w’umukuru w’igihugu nibo bamaze kumenyekana mu gihe habura amezi nka 12 ngo mu Burundi habe amatora ya Perezida ateganyijwe mu 2020.
Amashyaka abiri, UPRONA benshi bita UPRO-DD ngo kuko ari cyo gice cyemewe na Leta iyobowe na CNDD-FDD, ndetse n’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa niyo amaze gutangaza ko azahatana mu matora y’umukuru w’igihugu.
Ni mu gihe mu Burundi habarurwa amashyaka ya politiki agera kuri 40 nk’uko tubikesha UBMnews.
Ishyaka hategerejwe cyane kumenya umukandida uzarihagararira muri aya matora kugeza ubu ni ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, aho riteganya kongere izagenerwamo uzarihagararira mu matora mu gihe koko Perezida Pierre Nkurunziza yaba atongeye guhatana nk’uko yabyiyemereye.
Hagati aho, biravugwa ko imbere muri iri shyaka hakiri urunturuntu kubera ubwumvikane bucye hagati y’abavuga rikijyana muri iri shyaka ku muntu uzarihagararira muri ayo matora yo mu 2020.
Bamwe mu bashyirwa mu majwi bashobora kuzavamo uzahagararira iri shyaka harimo; Evariste Ndayishimiye, Denise Nkurunziza, Alain Guillaume Bunyoni, Reverien Ndikuriyo, n’ibindi bihangange byegereye Perezida Nkurunziza.


