Uwahoze ari Visi Perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo, aravuga ko atemera ibyo kwirukanwa mu ishyaka rye rya UPRONA na bagenzi be babiri ryongeye kwemezwa kuri uyu wa 14 Kanama 2021 ubwo hemezwaga abayobozi bashya b’iri shyaka ryayoboye u Burundi imyaka isaga 30.
Bwana Gaston Sindimwo wari Visi Perezida wa mbere w’u Burundi kubwa Perezida Nkurunziza, avuga ko atazi ibyo kwirukanwa mu ishyaka rya UPRONA ryemejwe na Kongere y’iri shyaka yo kuri uyu wa Gatandatu.
Yagize ati “ Twebwe twakuweho kera n’inzego zitabifitiye ububasha, zitabaho kandi zarengeje manda, njye ntekereza ko nta kintu na kimwe muri ibyo byabaye dufitemo uruhare kuko bavuga ko ari inama isanzwe, inama isanzwe ni inama iba igengwa n’amategeko. None iyo nama yabaye igengwa n’ayahe mategeko? Kuri twe ibyemezo byafashwe bireba ba nyira byo kandi urugamba turarukomeje hari inzego twaregeye dutegereje ijambo rya nyuma.”
Gaston Sindimwo, Anicet NIYONGABO hamwe na Isidore MBAYAHAGA birukanwe mu ishyaka Uprona muri Gicurasi 2021.
Abo bandi babiri birukanwe, Anicet Niyongabo yahoze yungirije Perezida w’inteko ishinga amategeko, mu gihe Isidore Mbayahaga yari ayoboye abayoboke ba UPRONA bemeye gushyigikira umukandida wa CNDD-FDD mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka ushize.
Uko ari batatu birukanwe bashinjwa kugumuka, no kutubahiriza inama n’ibyemezo ku bibazo biri mu ishyaka UPRONA.
Olivier Nkurunziza waraye atorewe kuyobora UPRONA, yagarutse ku iyirukanwa ry’aba bagabo agira ati “…Nzokora ico amategeko y-umugambwe andekurira : nko kwitura sentare yubahiriza ibwirizwa shingiro kugira ice urubanza,…?
Abakurikiranira hafi politiki y’u Burundi bakaba basanga Gaston Sindimwo ashobora gutakaza umwanya yari afite mu nteko ishinga amategeko mu gihe iyirukanwa rye ryaba ryemejwe bidasubirwaho.


