Burundi: Gen Bunyoni yahererekanyije ububasha na Gen Ndirakobuca wamusimbuye

Sangiza iyi nkuru

Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yahererekanyije ububasha na Lt Gen Gervais Ndirakobuca uheruka kumusimbura kuri uyu mwanya.

Kuri uyu wa Kane ni bwo habaye ihererekanyabubasha hagati y’aba bagabo bombi, mu muhango wabereye mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Burundi.

Ku wa Kane tariki ya 07 Nzeri ni bwo Inteko Ishinga Amategeko yemeje Gen Ndirakobuca nka Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, nyuma y’uko Perezida Evariste Ndayishimiye amusimbuje Bunyoni wari umaze imyaka ibiri kuri uyu mwanya.

Perezida Evariste Ndayishimiye yatakarije icyizere Bunyoni, nyuma y’iminsi mike atangaje ko hari ‘ibihangange’ biri mu mugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Perezida w’u Burundi ntiyigeze avuga ababa bari muri uyu mugambi, gusa byaketswe ko yavugaga Bunyoni nyuma y’iminsi aba bombi badacana uwaka.

Iyirukanwa rya Gen Bunyoni wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Burundi ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu ryahuriranye n’izindi mpinduka ziheruka kuba mu Burundi, zirimo iza Col Sindayihebura Aloys wagizwe umuyobozi w’ibiro bya Perezida asimbuye Lt Gen Gabriel Nizigama.

Impinduka kandi zabaye imbere muri Polisi y’u Burundi, mu rwego rw’ubutasi, mu bashinzwe ububiko bw’intwaro ndetse no mu bayobozi ba za Brigade zigize Igisirikare cy’u Burundi.

Amakuru avuga ko abigijweyo ari abari bashyigikiye Gen Alain-Guillaume Bunyoni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *