Burundi-Gitega:CVR yerekanye indi mibiri 2,653 y’abazize ubwicanyi bwo muri 1972

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka rishinzwe kumenya ukuri no kubabarirana,CVR,ryongeye kwereka imbaga y’abarega 4000,imibiri 2,653 y’abantu bishwe mu bwicanyi bwo mu mwaka wa 1972 hari mu gitambo cya misa yo kubasabira mu mudugudu wa Mashitsi ho mu ntara ya Gitega.

Iyi mibiri 2653 y’abaguye mu bwicanyi bwo mu 1972,bari batawe mu binogo birindwi muri komine Giheta y’intara ya Gitega,ikaba ije isanga indi mibiri 7348 yari yasanzwe mu binogo umunani muri aka gace mu gikorwa cyo gushakisha abajugunywe mu byobo CVR yakoze muri Werurwe.

Muri Mutarama,CVR yari yavumbuye indi mibiri 142,505 yasanzwe mu binogo ibihumbi 4000 mu mudugudu ya Mashitsi na Nyabunyovu iri muri iyo komine ya Giheta aho abagize iri shyaka babikora hagamijwe kwerekana ukuri ku byabaye.

Umwe mu bayobozi ba CVR ushinzwe ubucukuzi no kumenyesha amakuru CVR, Aloys Batungwanayo,yabwiye BBC ko nyuma yo kubona imibiri hazakurikiraho kumenya abishwe,ababishe ndetse n’impamvu bishwe bityo abwira abafite amakenga kuri iki gikorwa ko hatazagaragazwa ab’ubwoko bumwe abandi ngo birengagizwe kuko abapfuye bose ari Abarundi kandi ishyaka na ryo rigizwe n’Abahutu,Abatutsi n’Abatwa.

Nyuma yo kubona ubwigenge,u Burundi bwabayemo ubwicanyi mu myaka ya 1965,1969,1972,1988 na 1993 gusa ubugenderwaho cyane ni ubwa 1972 bwatikiriyemo Abahutu ibihumbi ariko kandi ubwo muri 1988 na 1993 na bwo bwatikije Abatutsi benshi cyane cyane mu ntara ya Kirundo na Ngozi.

Batungwanayo yasabye Abarundi babuze ababo kwihangana,kuko kugaragaza ukuri ari byo bizatuma abahemutse n’abahemukiwe biyunga.Yagize ati”Iyo umuntu arwaye ikibyimba,kugira ngo gikire urakimena.Mu kukimena uwo ukimenera arababara ndetse akanagutuka,twe rero turi kumena Abarundi ibibyimba.”

Mu mwaka wa 2000, ishyaka CVR ryashyizweho mu masezerano yabereye I Arusha hagamijwe gushakisha ukuri ku bwicanyi bwabaye kuva 1885 ubwo abakoloni bazaga mu Burundi kugeza muri 2008.

Guhera mu ntangiriro za 2020,CVR imaze kuvumbura imibiri irenga 152,506 mu binogo rusange 4,163 gusa hakaba hari n’indi mibiri itashoboye kubarurwa kubera kwangirika cyane dore ko hashize imyaka irenga 48.Iyi mibare ishobora kugenda yiyongera uko amakuru abonetse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *