Guverineri w’intara ya Muramvya mu Burundi yarishye imifuka 290 ya sima nyuma yo kubitegekwa na Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse kubimutegeka.
Nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu bibisobanura, tariki ya 19 Kanama 2023 Perezida Ndayishimiye yagiriye urugendo rutunguranye kuri sitade ya Muramvya iri kuvugururwa.
Ubwo yahageraga, yasanze imifuka 290 ya sima yatanzwe na Twiga Cement EXTRA muri Nzeri 2022 itarigeze ikoreshwa ndetse yari yarangiritse. Ni bwo yahise ategeka uyu Guverineri gukora mu mafaranga ye, akagura iyisimbura mu gihe kitarenze iminsi itatu.
Ibi biro kuri uyu wa 22 Kanama 2023 byatangaje ko Guverineri wa Muramvya yamaze kugeza mu bubiko bwa Leta iyi mifuka nk’uko yabitegetswe. Biti: “Hashingiwe ku ibwiriza ry’Umukuru w’Igihugu, Guverineri wa Muramvya yagejeje mu bubiko bwa Leta ingurane ya sima yangiritse kubera uburangare bw’ubuyobozi.”
Perezida Ndayishimiye yibukije abayobozi bo mu Burundi ko bakwiye kumenya ko mu gihe batazuzuza inshingano zabo uko babisabwa, bazabibazwa.




One Response
Burundi: Guverineri yarishye imifuka 290 ya sima
Uyu mu Prezida NEVA ni umwe mu ba Prezida beza kw’isi pe,kdi ntagira ubwoba ikintu Kiza cyane,Nta umukanga Uburundi bugize nk’aba 5 bakurikirana bwaba Singapour no mu Rwanda nicyo dukundira Paul Kagame ntakina!!