Burundi: Guverinoma yemeye ko umurambo wa Bihozagara ucyurwa mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko yari yashyize amananiza ku muryango wa nyakwigendera Jacques Bihozagara wifuzaga umurambo we ngo uwuzane mu Rwanda abe ariho azashyingurwa, guverinoma y’u Burundi imaze kwemera ko umurambo ucyurwa.

Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi, Rugira Amandin, ngo guverinoma y’u Burundi yemeye ibinyujije mu nyandiko ko umurambo wa Jacques Bihozagara ucyurwa mu Rwanda.

ambasaderi-rugira-amandin
Ambasaderi Rugira Amandin

Tubibutse ko nyakwigendera ambasaderi Yakobo Bihozagara yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, amakuru agatangira gukwirakwira hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yapfuye ndetse bamwe bakavuga ko yishwe n’uburozi yahawe.

Aya makuru nyuma yaje kwemezwa na ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi, ariko yongeraho ko icyamwishe kitaramenyekana kandi na n’ubu ntabwo haratangazwa icyahitanye nyakwigendera nubwo ubuyobozi bwa gereza ya Mpimba yari afungiyemo bwatangaje ko yazize urupfu rusanzwe.

Nyuma yo kumva amakuru y’urupfu rwa Bihozagara, guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga yasabye abategetsi b’u Burundi ibisobanuro birambuye ku rupfu rwa nyakwigendera ariko nabwo usibye ibyatangajwe n’ubuyobozi bwa gereza yari afungiyemo nta kindi gisubizo kiratangazwa.

 

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *