Ibihumbi n’ibihumbi by’Abarundi bo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Nzeri 2017 baramukiye mu myigaragambyo ikomeye yo kwamagana raporo y’impuguke za Loni iherutse gusohoka ivuga ko mu Burundi hakozwe ubwicanyi ndengakamere bwibasiye ikiremwamuntu.
Iyi myigaragambyo yitabiriwe n’abategetsi b’u Burundi batandukanye bari kumwe n’Umukuru wa CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye, bose bambaye imyambaro iriho ibirango by’iri shyaka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]


Bagendaga baririmba indirimbo zisingiza ishyaka CNDD, izisingiza perezida Nkurunziza ndetse n’indirimbo zibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Ku byapa bari bitwaje hakaba hari handitseho amagambo yo kwamagana raporo y’impuguke za Loni ku Burundi iherutse gushyirwa ahagaragara.


Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi myigaragambyo, umukuru wa CNDD, Evariste Ndayishimiye, yemeje ko iyo raporo ari iy’abanyaburayi n’abanyamerika igamije guhungabanya u Burundi, aho yagize ati: “Iyo raporo ntiyagatunze urutoki abayoboke ba CNDD bazira ubusa kuko inkozi z’ikibi zirazwi.”


Yakomeje agira ati: “ Ni abashatse guhirika ubutegetsi ubu bibereye mu buhungiro mu Rwanda no mu Bubiligi. Iyi myigaragambyo ikozwe uyu munsi ni itangiriro gusa ryo guhangana n’Abanyaburayi n’Abanyamerika ndetse n’amahanga .”


Raporo y’impuguke za Loni iherutse gusohorwa ivuga ko bamwe mu bategetsi b’u Burundi ndetse na bamwe mu batavuga rumwe nabwo, bagize uruhare mu bwicanyi bwabaye muri iki gihugu kuva muri Gicurasi 2015. Iyi raporo ikaba yarasabye ko abayivugwamo bashyikirizwa urukiko mpuzamahanga mpanabyaha byihuse.
Amafoto: Azaniapost
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


