Bamwe mu bapolisi mu Gipolisi cy’u Burundi (PNB) barakaye nyuma y’ivangura ryagaragaye mu itangwa ry’ibikoresho by’akazi. Biravugwa ko imyambaro, inkweto na beret byahawe bamwe mu gihe abandi bamaze imyaka itatu batabona igikoresho na kimwe.
Amakuru agera kuri SOS Media Burundi yatanzwe n’abashinzwe kubahiriza amategeko, avuga ko Igipolisi cy’u Burundi kirimo gukwirakwiza ibikoresho by’akazi ku biro byose bya polisi mu gihugu.
Igitangaje cyane nk’uko iyi nkuru ivuga, ngo hari abapolisi bamwe batahawe ibyo bikoresho.
Ku bwabo, abayobozi babo bababwira ko bose badashobora kwakira ibikoresho kuko sitasiyo za polisi zakiriye kimwe cya kabiri cy’ibikoresho nkenerwa.
Mu gutanga ibikoresho, biravugwa ko hashyizweho ibigenderwaho, cyane cyane bitangirana na disipulini y’abapolisi.
“Abadafite ikinyabupfura” cyangwa abafite ibihano byinshi bakuwe mu bahabwa ibikoresho.
Abapolisi bumva barenganijwe basanga ibyo bigenderwaho bidafite ishingiro. Bavuga ko batumva impamvu badahabwa ibikoresho mu gihe bari bamaze imyaka itatu batabona ibikoresho by’akazi.
Basobanura kandi ko ibikoresho bigizwe n’inkweto, imyambaro n’ingofero (beret) nabyo bitangwa, babyishyura ubwabo bivuye ku mushahara wabo.
Bamwe bibaza uburyo bazajya bitabira akazi bagahuriramo n’abandi bafite impuzankano zidasa, bakaba bamagana icyo bafata nk’akarengane katagira izina muri uko gutanga ibikoresho.
Bamwe mu bapolisi babajijwe basobanura ko baheruka ibikoresho mu myaka hagati y’ibiri n’itatu ishize, mu gihe ubusanzwe haba hateganyijwe gutanga ibikoresho inshuro ebyiri cyangwa eshatu mu mwaka kuri buri mupolisi.
Abo bapolisi bavuga ko bitumvikana guha ibikoresho igice kimwe cy’abakozi kandi bose bari buhurire mu kazi kamwe.
Bongeraho ko ibyo byakunze kugaragara mu gihe umuyobozi mukuru wa polisi yari Alain Guillaume Bunyoni, wahoze ari minisitiri w’intebe wakatiwe igifungo cya burundu mu ntangiriro z’Ukuboza 2023.
Basobanura ko icyo gihe, abapolisi, kubera isoni z’imyambaro yabaga yaracitse, cyangwa yaracuye burundu, bajyaga kuvugurura ibara ryayo mu mazu y’abantu bikorera bo mu duce twa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi.
Aba bapolisi barahamagarira kandi abayobozi mu nzego zo hejuru gutanga ibisobanuro kuri iki kibazo.



One Response
Burundi: Haravugwa ivangura mu itangwa ry’ibikoresho by’akazi mu gipolisi
Ariko vyukuri amakuru yububeshi akwungura iki koko wewe wa munyamakuru we?Ayo bayita amakuru mahimbano avanze na ingérance irengeje.Kuba ibihugu vyacu hari ivyo bidahurizako ntibituma uta akarangamutima ko kumenyesha amakuru ataho ubogamiye.Muri rusangi rero iyi nkuru yawe ntashingiro ifise nububeshi gusa uhereye ku ntango kugera mu isozera ryayo.Jewe nanditse ibi ndabizi neza.