Burundi: Hashinzwe ishyirahamwe rishingiye ku bwoko P. Nkurunziza abereye umunyamuryango

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi iherutse kwemeza ishyirahamwe rishingiye ku bwoko. Perezida Nkurunziza akaba abereye umunyamuryango iri shyirahamwe ryiswe mu Cyongereza, Abahanza World Association, ryagiye ku mugaragaro mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata kandi ngo ishingwa ryir’iri shyirahamwe rihuriyemo Abahutu bo mu bwoko bw’Abahanza ni igitekerezo cya perezida ubwe.

Iyi nkuru dukesha RPA iravuga ko iri shyirahamwe ryashingiwe mu kabari ka Col. Nyamugaruka, ukuriye umutwe ushinzwe kurinda inzego za leta, ahitwa Vyerwa muri Komini Mwumba ho mu Ntara ya Ngozi. Abasirikare bakuru n’a
bapolisi ndetse n’abayobozi b’ishyaka CNDD-FDD, bose bava mu bwoko bw’Abahanza bari bitabiriye inama yashinze iri shyirahamwe.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umwe mu bitabiriye iyi nama yabaye muri gashyantare 2017 yagize ati: “ Twari abantu 500 bo mu bwoko bw’Abahanza tugirango tumenyane tunagarure icyubahiro n’ubunyangamugayo by’abakurambere bacu ”.

Nyuma y’amezi abiri, nibwo ishyirahamwe Abahanza World Association (AWA) ryemewe ku mugaragaro na minisitiri Pascal Barandagiye mu iteka rya minisitiri 530/594 ryo kuwa 04 Mata 2017.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko iri ari ryo shyirahamwe rya mbere rishingiye ku bwoko ryemewe mu Burundi, aho muri iyo nama yo muri Vyerwa, perezida Nkurunziza wavukiye muri ako gace, yagaragaje ko afite ubushake bwo gukomeza ubwo bwoko bwabo.

Icyo gihe perezida Nkurunziza yagize ati; “ Amateka y’amoko ni ingenzi cyane, ndifuza ko uhereye mu mwaka utaha tuzatangira kwigisha aya mateka yasenywe n’abanzi bacu. Ndavuga ubwoko bw’Abahanza n’Abajiji bakoraga ibwami. Aho kwibanda ku moko twategetswe n’umukoloni, twibande ku moko yacu dusubire ku muco wacu n’ishema ryacu .”

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *