Burundi: Ibiro by'ishyaka CNL rya Agathon Rwasa byasizwe amazirantoki

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, CNL, riravuga ko rihangayikishijwe n’ibikorwa by’urugomo bimaze iminsi bikorerwa abarwanashayaka baryo ndetse no ku biro byaryo.

Terence Manirambona, umuvugizi w’ishyaka CNL, avuga ko ibiro bitandukanye by’ishyaka bimaze igihe bisigwa amazirantoki, ahandi byarabomowe.

CNL kandi ivuga ko bamwe mu barwanashyaka bayo bakomeje guterwa ubwoba n’abantu bataramenyekana mu cyo risobanura nk’impamvu zishingiye kuri politike.

Bwana Manirambona avuga ko nko mu ntara ya Bubanza byabonetse mu makomine ya Mpanda na Rugazi aho ingoro z’umugambwe CNL zononwe zigasigwa amazirantoki.

Ishyaka CNL riyobowe na Agathon Rwasa, wungirije umukuru w’inteko nshingamategeko, riravuga ko bamwe mu barwanashyaka baryo banyuruzwa cyangwa se abandi bagafungwa.

Umuvugizi w’iryo shyaka Therence Manirambona waganiriye na BBC avuga ko ibivugwa ko ribona inkunga ivuye mu Rwanda no ku wahoze ayoboye Uburundi Pierre Buyoya ari ibintu bifite intumbero za politike.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *