Igitero cya grenade muri Komini Buganda, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi cyakomerekeje bikomeye abantu bagera kuri barindwi.
Iki gitero cyagabwe kuri iki Cyumweru ahagana saa mbiri z’ijoro kuri kamwe mu dusozi two muri iyi komini ya Buganda.
Abantu barindwi bakomeretse bikomeye, bane bajyanwa kwa muganga I Bujumbura kubera ibikomere bikomeye bagize. Iyi nkuru dukesha SosMedias ariko ntivuga niba hari umuntu waguye muri iki gitero.
Amakuru aturuka mu gipolisi yo aravuga ko abagabye iki gitero batamenyekanye, gusa ngo bagabye igitero ku bantu bari bari kwica icyaka.
Hagati aho ariko, umuntu umwe yatawe muri yombi mu gihe abaturage basaba gukaza umutekano ahantu hateranira abantu benshi.


