Burundi: Ikinyamakuru cyari gisigaye kivuga ibitagenda gishobora gufungwa mbere y’amatora

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru Iwacu cyo mu gihugu cy’u Burundi kiri mu gihirahiro nyuma y’aho amakuru gifite yemeza ko gishobora no gufungwa mbere y’amatora yo mu 2020. Ni nyuma yo kuburirwa n’Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru, CNC.

Aya makuru yemejwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Iwacu, Antoine kaburahe, kuri ubu ubarizwa mu buhungiro kuko nawe ari mu bashinjwa gushaka guhungabanya inzego z’igihugu mu 2015.

Capture 13

Bwana Antoine Kaburahe abinyujije kuri twitter, yavuze ko yumva amakuru ko ikinyamakuru cye, Iwacu, gishobora gufungwa mbere y’amatora yo mu 2020, ariko atumva impamvu n’ikosa bakoze kuko iki kinyamakuru giha ijambo buri wese.

Nyuma yo gutangaza ibi, Umujyanama mu biro by’umukuru w’igihugu, Amb. Willy Nyamitwe, yasubije kaburahe avuga ko nubwo iki kinyamakuru kitarafungwa nk’ibindi, ari umuyoboro abashaka guhungabanya u Burundi bavugiraho.

kol

Biravugwa ko Ikinyamakuru Iwacu ari cyo rukumbi cyari gisigaye mu Burundi kivuga ibitagenda neza mu gihugu kuva mu 2015 nubwo cyagiye gihabwa gasopo kenshi.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *