Des-vendeuses-ambulantes-a-la-frontiere-de-Ruhwa-entre-le-Burundi-et-le-Rwanda-le-11-janvier-2024-3800x2138_c

Burundi: Ingaruka z’ifungwa ry’imipaka n’u Rwanda zibageze habi

Sangiza iyi nkuru

Ifungwa ry’umupaka uhuza u Burundi n’u Rwanda rimaze igihe kinini rituma uturere two mu majyaruguru y’igihugu duhura n’ikibazo cy’imibereho n’ubukungu bitigeze bibaho. I Bugabira, Ntega, Busoni (mu cyahoze ari intara ya Kirundo), na Nyamurenza (ahahoze ari intara ya Ngozi), abaturage bamagana ubuzima bwa buri munsi burangwa n’inzara, umutekano muke, n’ubukene.

Kuva umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Gitega na Kigali wangirika, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, bwahoze ari ngombwa kugira ngo imiryango ibihumbi ibeho, bwarahagaze burundu. Muri ibi byaro, ubucuruzi buciriritse bwarasenyutse, bituma igice kinini cy’abaturage kibura aho bakuraga amaramuko.

“Twatwaraga inkoko kugira ngo tuzigurishe mu Rwanda kandi tukagarukana imyenda ya caguwa tukayigurisha ku masoko yo mu rugo. Aho twakuraga imibereho harazimiye”, ibi byavuzwe n’umucuruzikazi ngo bigaragara ko wacitse intege ukomoka i Nyamurenza.

Ubu bucuruzi, ahanini bukorwa n’abagore, bwari inkingi y’ubukungu bwaho. Kubura kwabwo gutunguranye kwateje ubukene muri rusange, byongera abaturage batishoboye nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga.

Imiryango yabuze amikoro, abana bata amashuri

Usibye ubucuruzi, Abarundi benshi bahoraga baza mu Rwanda gukora mu mirima, bakururwa n’umushahara wa buri munsi rimwe na rimwe wikubye inshuro eshatu ugereranije n’uwo babona mu Burundi.

Amafaranga y’u Rwanda, agaciro kayo kari hejuru ugereranyije n’Amafaranga y’u Burundi (Fbu), yatumaga benshi bitabira iyi mirimo. Gufunga imipaka rero byambuye abo bakozi isoko y’ingenzi y’amafaranga. Ingaruka zirakomeye mumiryango myinshi. I Busoni, nk’uko umubyeyi w’abana batandatu yabitangaje.

Muri ibi bihe bibi, abaturage baho ngo barahamagarira abategetsi b’u Burundi kongera gusuzuma imibanire yabon’ibindi bihugu.

Umucuruzi muri Ntega yinginga agira ati: “Ntabwo twishora muri politiki. Turashaka gukora kugira ngo tubeho. Bongere batwugururire umupaka.”

Mu gihe bagitegereje ko umubano usubira mu buryo hagati ya Gitega na Kigali, abatuye mu mipaka baragerageza kubaho uko bashoboye. Ariko haracyari ugushidikanya n’imibabaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *