Burundi: Ishyaka MSD rya Alexis Sinduhije ryahagaritswe

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka MSD riri ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi ryafatiwe icyemezo cyo guhagarikwa amezi atandatu (6).

Iki cyemezo cyo guhagarika ibikorwa bya MSD cyafashwe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Pascal barandagiye uvuga ko iki cyemezo cyafashwe kubera impamvu 4 z’ingenzi:

Iri shyaka ku ikubitiro rishinjwa gushing umutwe witwaje ibirwanisho urwanya ubutegetsi bw’u Burundi binyuze ku muyobozi w’iri shyaka, Alexis Sinduhije, rigashinjwa kuba abarwanashyaka baryo bakomeje imyitwarire yo gukongeza ubugizi bwa nabi n’urwango, ndetse no kuba ryararenze ku mategeko n’amabwiriza agenga amashyaka mu Burundi.

Muri iki cyemezo, minisitiri Barandagiye yategetse ko ahantu hose hari ibiro by’ishyaka MSD hatemerewe gufungura imiryango mu gihe cy’amezi atandatu iri shyaka ryahagaritswemo nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ivuga .

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuyobozi w’iri shyaka, Alexis Sinduhije, akaba yarahoze ari umunyamakuru, ari ku rutonde rw’abantu bashakishwa n’ubutabera bw’u Burundi, aho bwasabye Igipolisi Mpuzamahanga (Interpol) kumuta muri yombi.

Twababwira ko iki cyemezo gifashwe nyuma y’igihe gito uyu Alexis Sinduhije agiranye ikiganiro n’Abarundi baba mu Burayi, aho yatangaje ko yicuza impamvu hatabayeho umugambi wa kabiri (Plan B) wo guhirika perezida Nkurunziza ku butegetsi nyuma yo kugerageza kumuhirika bwa mbere kuwa 13 Gicurasi 2015 bigapfuba.

Icyo gihe ngo Alexis Sinduhije nk’uko inkuru y’ikinyamakuru, UBMNews yavugaga, yanatangaje ko nta kindi cyakuraho perezida Nkurunziza kitari intambara aho yagize ati: “Tuzareba ababishoboye twongere tubatere ingabo mu bitugu kugirango umugambi wacu ugere ku ntego, nta wundi muti wo gukuraho ubutegetsi buhari keretse intambara”.

Alexis Sinduhije ni umugabo w’imyaka 49 y’amavuko, wagiye ukoresha imbaraga nyinshi mu gushaka kugaragaza amakosa avuga ko akorwa na Leta iriho mu Burundi, akaba ari nawe washinze Radio RPA yahaye ijambo abashatse guhirika ubutegetsi batangaza ko perezida Nkurunziza yahiritswe .

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *