Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Iguhgu mu Burundi, Therance Ntahiraja kuwa mbere w’iki cyumweru yasabye Abarundi bahungiye mu bihugu by’abaturanyi n’abagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza muri Gicurasi 2015 ko bataha kuko mu gihugu hari amahoro.
Mu ijambo rye, Ntahiraja yasabye izi mpunzi kwiyumvamo amahoro zigataha mu gihugu cyazo.
Yagize ati”Ndashaka kubamenyesha ko mu Burundi nta kibazo na kimwe gihari. Umuryango mpuzamahanga nawo wabyemeza. Natanga urugero rw’amagambo y’Intumwa ya ONU mu Burundi, Michelle Kafando”
Tubibutseko Kafando ubwo yari imbere y’Akanama ka ONU gashinzwe umutekano yavuze ko ibibazo by’umutekano byakemutse mu Burundi Uretse ukutabona ibintu kimwe kuri hagati ya Leta n’abatavuga rumwe.

Uyu muyobozi kandi yasabye Abarundi kwivanamo ubwoba bafite bagataha kuko imiryango ifunguye.
Ati” Imiryango irafunguye ku babyifuza bose. Hari abatahutse mu kwezi gushize nka Alice Nzomukunda na Joseph Ntidendereza, bose bari abakuru b’amashyaka ya politiki ndetse n’uwahoze ayobora u Burundi, Sylivestre Ntibantunganya”
Agaruka ku bashatse guhirika ubutegetsi, Ntahiraja yavuze ko aba bantu basaga 34 bavugwa muri uyu mugambi umutekano wabo uzabungwabungwa nibaramuka batashye nk’uko inkuru dukesha UBM News ibitangaza.
Ati” Tubifurije ikaze. Muzi ko umubyeyi wese aba yiteguye kubabarira. Igihe umwana akoze amakosa runaka, ashobora gusubira ku mubyeyi we. Bashobora gukurirwano n’ibihano bari barahawe. Ni abana b’igihugu”
Imvururu za politiki zatewe na manda ya gatatu ya Nkurunziza zatumye mu mwaka wa 2015, Abarundi basaga ibihumbi 400 bahunga igihugu. Benshi muri aba bahungiye mu bihugu bituranye n’iki gihugu birimo u Rwanda, Uganda, Tanzaniya na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


