sf.jpg

Burundi: Minisitiri w’umutekano yemeje ko Gen. Bunyoni arimo gushakishwa

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’umutekano n’ibibazo by’imbere mu gihugu w’u Burundi, Martin Niteretse, yemeje ko uwahoze ari minisitiri w’intebe, Alain Guillaume Bunyoni, yaburiwe irengero yongeraho ko arimo gushakishwa .

Ibi minisitiri Niteretse yabitangaje kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umunsi umwe havuzwe ko Gen. Guillaume Bunyoni, wirukanwe ku mwanya wa minisitiri w’Intebe muri Nzeri umwaka ushize ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi, yaba yahunze igihugu akajya muri Tanzania.

sf.jpg

Ni nyuma y’aho kandi kuwa Mbere ushize ingo ze muri Bujumbura no muri Komini Rutana, iwabo ku ivuko, zari zasatswe n’abashinzwe umutekano barimo abapolisi n’abashinzwe iperereza.

Avugana n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu, Mnisitiri Niteretse yagize ati “Alain Guilllaume Bunyoni ntarimo kuboneka. Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubullika buri kumushakisha.”

fuebszpxgaegmqr.jpg

Ku isaka ryabaye yagize ati ”Nibyo habaye isaka mu rugo kwa Alain Guillaume BUNYONI kuko hari iperereza ubutabera bwashakaga kumukoraho. Ariko ntibamubonye.”

gu.jpg

Minisitiri Niteretse kandi avuga ko Colonel Désiré Uwamahoro ukuriye brigade ya polisi ishinzwe kurwanya imyigaragambyo, arimo guhatwa bibazo n’Ubushinjacyaha Bukur bwa Repubulika.

Ni nyuma y’itabwa muri yombi rye (Col Uwamahoro) we na mugenzi we ukuriye ubutasi bwo hanze Alfred Innocent Museremu, bakekwaho kuba barariye urwara Bunyoni bakamuteguza ko agiye gutabwa muri yombi akabona uko acika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *