Burundi: Mu ruzi hatowe umurambo w’Imbonerakure bikekwa ko yishwe na mugenzi wayo

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi witwa Boniface Nizigiyimana kuri uyu wa Gatatu ushize, yasanzwe mu ruzi rwa Maragarazi ruri mu burasirazuba bw’igihugu ku mupaka w’u Burundi na Tanzania yishwe.

Amakuru aturuka aha aravuga ko Nizigiyimana aheruka kugaragara ari kuri moto yari itwawe n’uwitwa Eric Ndayizeye nawe w’Imbonerakure ku Cyumweru gishize.

Uyu Ndayizeye nk’uko tubikesha SoSMediasBurundi, we yaje gutaha iwe mu rugo wenyine ninjoro.

Umuryango wa Nizigiyimana ukaba warasabye ubuyobozi gukora iperereza kuri uru rupfu ariko ntihagira icyo bitanga.

Amakuru aturuka aha akaba avuga ko ubu buyobozi bushobora kuba bwarashatse gukingira ikibaba uyu Ndayizeye bivugwa ko ari Imbonerakure ivuga rikijyana aha hantu.

Umurambo wa Nizigiyimana ufite ibikomere ndetse waciwe amatwi wabonwe n’Abanyatanzaniya. Abaturage bakaba bamaganye ibikorwa by’umuyobozi wa zone bashinja gushaka gukingira ikibaba abanyabyaha.

Uyu wishwe yashyinguwe kuri uyu wa Gatanu, mu gihe ukekwaho uruhare mu rupfu rwe, Ndayizeye afungiye muri kasho ya polisi. Uyu ariko ngo akaba yarabanje kwanga gutabwa muri yombi na polisi ashaka kumvikanisha ko nyakwigendera yarohamye mu ruzi atishwe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *