Abapolisi bari barinze umutekano nijoro, barashe umugabo wacyekwagaho ubujura ahita apfa.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku cyumweru tariki ya 24 Nzeri 2017, nibwo umugabwo witwaga Musa Ndayarinze yarashwe n’abapolisi mu ntara ya Gitega ahagana saa munani z’ijoro, yashinjwaga ubujura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Amakuru yemejwe n’umuvugizi wa polisi y’u Burundi, OP1 Pierre Nkurikiye, avuga ko uwo wishwe yarasiwe iruhande rw’akabari muri karitiye ya Musinzira iri mu ntara ya Gitega.
Ababonye ibyo biba, bavuga ko uwo mugabo yarashwe n’abapolisi bari ku burinzi bw’ijoro, ubwo yageragezaga kwambura umucuruzi yari yateze mu ijoro, bamurashe ahita agwa aho.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com


