Burundi: Umunyamakuru wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe ‘mu masengesho’

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri ishinzwe umutekano mu Burundi yatangaje ko umunyamakuru wa Iwacu wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe mu masengesho, asengera hamwe n’abandi.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko tariki ya 20 Ugushyingo 2022 cyamenyeshejwe ko Misago Jérémie yabuze ku munsi wabanje, gitangira kumushakira muri za kasho, mu bitaro no mu buruhukiro ariko nticyamubona.

Iwacu yasobanuye ko yabajije abo mu muryango w’uyu munyamakuru, inshuti ze, abo mu itorero Eglise Emmanuel asengeramo, ariko bose basubiza ko nta makuru bafite ku hantu yaba aherereye.

Nyuma ikinyamakuru SOS Burundi cyatangaje ko avuga ko Misago yagaragaye mu mashusho yageneye umuryango we, awumenyesha ko ari ahantu atazi uko yahageze ariko hatekanye, gusa yirinda kuhahishura.

Mu gitondo cy’uyu wa 22 Ugushyingo 2022, Minisiteri ishinzwe umutekano mu Burundi yatangaje ko Polisi yasanze Misago ari mu masengesho hamwe n’abandi ku musozi wa Magara uherereye mu ntara ya Rumonge.

Yagize iti: “Umunyamakuru Misago Jérémie ikinyamakuru Iwacu Info cyavugaga ko ‘yaburiwe irengera kuva ku wa Gatandatu’ ushize, yabonywe ejo na Polisi y’u Burundi. Yasengeraga ku musozi wa Magara mu ntara ya Rumonge hamwe n’abandi.”

Mbere y’uko Misago aboneka, Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi yari yatangaje ko uru rwego na rwo nta makuru rufite ku ibura rye, ariko asezeranya umuryango we, inshuti n’ikinyamakuru akorera ko rurabafasha kumushakisha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *