Ciza Jean Marie ni padiri ukorera muri Diyoseze nkuru ya Gitega, afungiye muri gereza ya Gitega kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Gicurasi 2017, akurikiranweho gushaka gufata ku ngufu umukobwa.
Amakuru ava mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko uyu mupadiri yashatse gusambanya ku ngufu umukobwa wiga mu mwaka w’icyenda mu Burundi, yafashwe n’urwego rushinzwe iperereza i Burundi ahita ashikirizwa ubushinjacyaha.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Op1 Pierre Nkurikiye, umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, yahamije aya makuru, avuga ko uwo mukobwa yajyanye amashusho kuri polisi ya padiri Ciza, amugaragaza agerageza gushaka kumufata ku ngufu.
Umuvugizi w’igipolisi akomeza avuga ko uyu mupadiri atari inshuro ya mbere ashinjwe gufata ku ngufu abakobwa, ko yigeze no gufatirwa mu gihugu cy’u Bufaransa ashinjwa icyaha nk’icyo nyuma ararekurwa aza kugaruka mu Burundi.
Diyoseze nkuru ya Gitega, nayo yatangaje ko yamenyeshejwe ko padiri uyikoreramo yafashwe ikaba itegereje kumenya ukuri ku byo ashinjwa. Ku wa Gatanu w’iki cyumweru nibwo Ciza Jean Marie azitaba urukiko bwa mbere.

Â
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Philipe Nsengiyumva/Bwiza,com


