Polisi y’u Burundi irihanangiriza abaturage ku gukurikiranywa n’amategeko nibasangwa bafite amashusho cyangwa amafoto y’urukozasoni muri telefone zabo, nk’uko biteganywa n’itegeko ryo mu 2022 rikumira ihohoterwa ryo kuri murandasi.
Ibi byatangajwe na Dr Lt Col Nkurikiye, impuguke mu byaha bikorerwa kuri internet, mu kiganiro yatanze ku banyamakuru i Bujumbura.
Yasobanuye ko kubika pornography mu gikoresho cy’ikoranabuhanga, n’iyo nyiracyo yaba atayikwirakwiza, bihita bibarwa nk’icyaha gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 2 – 5, hamwe n’amande yo hagati ya 2 miliyoni na 5 miliyoni z’amarundi.
Dr Nkurikiye yibukije ko iri tegeko ryibanda cyane ku bikorwa bikorerwa abakobwa n’abagore, birimo gufatwa ku ngufu koherezanya amashusho y’ibanga, kubwirizwa gukorana imibonano binyuze kuri murandasi.
Ibihano bigenwe n’iri tegeko birimo: Gufata cyangwa Gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi ku bushake, igifungo: 5 – 10 imyaka n’amende: 20M – 30M BIF.
Gukwirakwiza amafoto y’undi muntu y’ibanga uhabwa igifungo: Amezi 3 – 12 n’amende ya 50,000 – 100,000 BIF
Kwiyitirira undi muntu kuri internet uhabwa igifungo: 2 – 5 imyaka n’amende: 10M – 20M BIF
Kubika amashusho y’undi mu mugambi wo kumwaka amafaranga: igifungo: 2 – 5 imyaka n’amende: 2M – 5M BIF
Kubika amashusho y’urukozasoni muri telefone uhabwa igifungo: 2 – 5 imyaka n’amende ya 2M – 5M BIF
Umuyobozi wa polisi yavuze ko ibi bihano bigamije “guca burundu ibikorwa byo gusakaza ingengabitekerezo y’iyicarubozo n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina”, cyane cyane ku bakiri bato bakomeje guhura n’ingaruka z’ikoreshwa nabi ry’ikoranabuhanga.


