Asman Rwasa, ufite imyaka 32, yashimuswe mu minsi ishize, hanyuma akorerwa iyicarubozo n’umuyobozi mu mujyi wa Yoba muri Gitega, mu murwa mukuru wa politiki w’Uburundi.
Amakuru avuga ko Rwasa yajyanywe ahantu hatazwi, umuyobozi aramukubita hafi gupfa ariko akaba yari afatanyije n’imbonerakure za CNDD-FDD).
Umwe mu batangabuhamya, yavuze ko Rwasa akimara kuburirwa irengero yaje kuboneka mu rwobo runini ku kibuga cy’indege cya Magarama ari indembe.
Ati: “Yajyanywe mu rwobo runini ku kibuga cy’indege cya Magarama, ahantu hazwi ku izina rya ‘Kwidodero’. Yakubiswe cyane n’Imbonerakure.”
Rwasa yivugiye ubwe ko yakubiswe amasaha atatu n’igice bikozwe n’Imbonerakure.Yashimuswe ashinjwaga gutunga imbunda mu buryo bunyaranyije n’amategeko, gusa ngo abapolisi n’Imbonerakure bagiye gusaka inzu ye ariko ntibagira izo babona.
Asman Rwasa arashinja Imbonerakure kuba zaratwaye arenga 1.700.000 y’amafaranga y’Uburundi ndetse na terefone zigendanwa mu gihe cyo kumusaka.
Umugore we, Nicerate Nkwiriki, yavuze ko agomba kujyana umugabo we Asman Rwasa, ku kigo nderabuzima cyaho kugira ngo avurwe kuko yangiritse bikomeye.
Uyu mugabo w’imyaka 32 ukomoka mu ntara ya Muyinga mu majyaruguru y’Uburasirazuba, Arasaba ko abakoze ibyo bikorwa bacirwa urubanza kubera ibyaha byabo.
Gusa hagataho, abagize uruhare bose mu gukorera iyicarubozo Rwasa batawe muri yombi ndetse n’abataraboneka bakaba bagishakishwa.


