Inzego z’iperereza z’u Burundi zataye muri yombi umugabo zimushinja gutunga ibiganiro bya radio Humura na Radio Inzamba zitangaza amakuru ku Burundi ziri mu Rwanda.
Aya makuru yatangajwe na SOS Media Burundi avuga ko uyu mugabo witwa Emmanuel Bizindavyi yatawe muri yombi ubwo yari mu nama hagati ya Guverineri w’Intara ya Makamba, Gad Niyukuri, abatanga essence kuri za station bazwi mu Gifaransa nka pompistes bo muri iyi ntara.
Ku ikubitiro nk’uko aya makuru avuga, uyu mugabo yabanje gushinjwa gufata (enregistrer)ibyatangazwaga na Guverineri , nyuma bamushinja kubika ibiganiro bya za Radio Inzamba na Humura ngo zikorera kuri ubu ku butaka bw’u Rwanda.
Nk’uko SOS Media yakomeje kubitangaza, ngo uyu mugabo yatawe muri yombi n’abashinzwe kurinda Guverineri wa Makamba, akaba kuva ubwo yahise ashyikirizwa abakozi b’inzego z’iperereza (SNR) muri makamba mu majyepfo y’u Burundi aho ari guhatwa ibibazo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



