Indwara itunguranye yafashe uwunganira Abanyarwanda Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa bakurikiranweho ibyaha bakekwaho gukora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yatumye urubanza rwari gupfundikirwa kuri uyu wa Mbere ushize rwigizwayo.
Biravugwa ko Maitre Jean Flamme yafashwe n’indwara yo kuva imyuna kuri uyu wa Mbere mu ma saa sita bituma yihutanwa kwa muganga.
Abamwegereye bavuga ko Me Jean Flamme yafashwe ava amaraso mu mazuru mu karuhuko ka saa sita aho yari arimo arafatira amafunguro mu buriro bwo mu rukiko nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Elisabeth de Sadelaer ukuriye iburanisha yahise ahagarika urubanza kugeza saa kumi z’umugoroba kugirango babanze bamenye icyabaye kuri uyu munyamategeko.
Nubwo ariko urubanza rwahagaritswe amasaha ane, Me Flamme ntiyagarutse mu rukiko kuko yakomeje gusuzumwa biba ngombwa ko urubanza rwimurirwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.
Uru rubanza rumaze imyaka 16 mu iperereza rwari gupfundikirwa kuri uyu wa Mbere ushize nyuma yo kumva abaregwa n’abunganizi babo mbere yo kujya mu mwiherero,mu gihe umwanzuro wari utegerejwe ku itariki 15 Ukuboza 2023.
Bisobanuye ko iyi tariki nay o ishobora kutubahirizwa mu gihe uyu munyamategeko yaba atarakira, igishobora gutinza uru rubanza rumaze ukwezi kurenga ruburanishwa mu Bubiligi.


