Bwa mbere Kabuga Félicien yagejejwe imbere y’urukiko rw’i La Haye

Sangiza iyi nkuru

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo, Kabuga Felicien ukurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagaragaye ku ncuro ya mbere imbere y’Urwego rwasigiwe kurangiza imanza zasizwe n’urukiko rwashyiriweho u Rwanda, ku ishami ryarwo riri i La Haye mu Buholandi.

Ku cyumweru nibwo umucamanza lain Bonomy wahawe kuburanisha urubanza rwa Kabuga yari yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu aribwo agezwa mu rukiko.

Umucamanza yavuze ko Kabuga yari akwiye kuba ari imbere y’umucamanza kugira ngo anabonane n’umwavoka we, ariko ko ashobora no gukoresha ikoranabuhanga ry’amashusho ari muri gereza, igihe abihisemo.

Kabuga yagaragaye imbere y’ubutabera yambaye ikoti (costume) ry’umukara, ishati y’umweru, karavati y’umukara ndetse n’agapfukamunwa.

Mu gihe iburanisha rigikomeje, Kabuga yasomewe ibyaha aregwa birimo Jenoside n’ubufatanyacyaha muri Jenoside.

Urugereko rwa Mbere rw’Iremezo rugizwe n’Abacamanza bane bamuburanisha, barimo Iain Bonomy, Graciela Susana Gatti Santana na Elizabeth Ibanda-Nahamya.

Ku wa 29 Mata 2013 nibwo Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), rwasohoye inyandiko zisaba itabwa muri yombi rya Kabuga Félicien, runategeka ko azabanza gufungirwa i Arusha muri Tanzania.

Yaje gufatirwa mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020, ndetse ku wa 21 Ukwakira IRMCT yemeza ko abanza kujyanwa by’agateganyo ku ishami ry’Urwego ry’i La Haye mu Buholandi, aho guhita ajyanwa i Arusha muri Tanzania, kugira ngo habanze hakorwe isesengura ry’ubuzima mbere yo koherezwa.

Ni icyemezo cyakurikiye impaka ndende z’abunganizi be, bavugaga ko atameze neza ku buryo atakoherezwa i Arusha muri Tanzania.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Bwa mbere Kabuga Félicien yagejejwe imbere y’urukiko rw’i La Haye
    Yambaye agapfukakananwa,uwambaye agapfukamunwa ni uriya uri imbere ye.

  2. Bwa mbere Kabuga Félicien yagejejwe imbere y’urukiko rw’i La Haye
    Yambaye agapfukakananwa,uwambaye agapfukamunwa ni uriya uri imbere ye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *