Bwa mbere umugore yatorewe umwanya wo hejuru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Somalia

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, itariki 28 Mata 2022, abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Somalia (umutwe w’abadepite) batoye ku nshuro ya mbere Perezida w’Inteko wungirije w’umugore witwa Saadia Yasin Haji Samatar.

Bivugwa ko Samatar abaye umutegarugori wa mbere watorewe umwanya w’ubuyobozi bukuru mu nteko ishinga amategeko muri rusange.

Mu cyiciro cya nyuma cy’amatora, Samatar yagize amajwi 137, atsinda Mohamed Ali Omar uzwi ku izina rya Ananug wagize 107 nk’uko tubikesha The East African.

Nyuma gato yo gutorwa kwa Samatar, Villa Somalia, inyubako ikoreramo perezida i Mogadishu, yasohoye itangazo Perezida Mohamed Abdullahi Farmaajo amushimira ibyo yagezeho.

Ku wa Gatatu, Farmaajo yasohoye kandi itangazo ashimira Sheikh Aden Mohamed Nur uzwi ku izina rya Madobe, watorewe kuba perezida w’inteko ishinga amategeko ya 11 ya Somalia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *