C.Ronaldo yabaye imbarutso yo kuva muri Juventus shishitabona kwa Gonzalo Higuain

Sangiza iyi nkuru

Umwataka w’umunya-Argentine, Gonzalo Higuain  atangaza ko yavuye muri Juventus atabishaka, ahubwo ko yabisabwe nyuma yaho Cristiano Ronaldo ayiziyemo.

Muri Nyakanga 2018, nibwo Criatiano Ronaldo yasinye amasezerano muri Juventus, yaje ahasanga Gonzalo Higuain wari uhamaze imyaka ibiri, amaze no gutsindira iyi kipe ibitego 40.

Mu kwezi kwa Munani, Gonzalo Higuain yatijwe mu ikipe ya Milan, ngo bikaba bigaragara ko uyu mwataka w’umuhanga ashobora kuyigumamo n’ubwo bwose ahamya ko atavuye muri Juventus ku bwe ahubwo ko yabisabwe.

Yagize ati “Ntabwo nigeze nsaba kugenda, nubwo benshi ariko bavuze, baranyirukanye, muri Milan nagaragarijwe urukundo umutima wanjye uranyurwa”.

Gonzalo Higuain  akomeza avuga ko Ronaldo akimara gusinya amasezerano, aribwo yasabwe kugenda, ati “umwanzuro wo kugenda ntabwo wabayeho ku bwanjye”.

Yakomeje agira ati “Ntacyo ntakoreye Juventus, natwaye ibikombe byinshi, nyuma yo kuza kwa Cristiano, ikipe yashatse kwesa imihigo, imbwira ko ntagomba kugumana nayo, nibwo batangiye gushaka umwanzuro, igisubizo nyacyo cyari icyo kwerekeza muri Milan.

Gonzalo Gerardo Higuaà­n ni umusore w’imyaka 30 y’amavuko, ku wa 26 Nyakanga 2016, nibwo yagiranye amasezerano n’ikipe ya Juventus avuye muri Napoli, ku wa 2 Kanama 2018 iyi kipe umutiza A.C. Milan.

GettyImages 914161640
Gonzalo Higuain avuga ko ibyo yasabwaga yabikoze muri Juventus

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *