CAF Champions league: Mugunga yafashije APR FC gutsinda US Monastir

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yatsinze US Monastir igitego 1-0, mu mukino wa CAF Champions league wabaye kuri uyu wa Gatandatu.

APR FC yari yakiriye iyi kipe yo muri Tunisia, mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Ni umukino iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yihariyemo igice cya mbere cy’umukino, inakirangiza iri imbere n’igitego 1-0.

Ni igitego cyinjiye ku munota wa 19 w’umukino gitsinzwe na rutahizamu Yves Mugunga, ku mupira Omborenga Fitina yahinduriye Nshuti Innocent wahise awuha Mugunga n’umutwe; mbere y’uko uyu rutahizamu asimbuka akawutera mu izamu n’umutwe.

APR FC yatsinze iki gitego nyuma yo gutangira umukino yotsa igitutu cyinshi US Monastir. Nko ku munota wa kane w’umukino iyi kipe y’umutoza Mohammed Adil Erradi yabonye uburyo bukomeye bwashoboraga kuvamo igitego, gusa Mugunga ananirwa kububyaza umusaruro.

Ku munota wa 28 w’umukino na bwo iyi kipe yabonye uburyo bukomeye ubwo Ruboneka Jean Bosco yarekuraga ishoti riremereye gusa umupira ugashyirwa muri koruneri n’umunyezamu Ben Said wa Monastir.

Ni koruneri nk’ibisanzwe yatewe na Christian, gusa Niyigena ClĂ©ment washoboraga gutsinda igitego ateye umupira n’ivi nanone ufatwa n’umunyezamu wa Monastir.

APR yahushije ikindi gitego ku munota wa 42 ubwo Christian yahinduraga umupira imbere y’izamu, gusa Mugunga awuteye n’umutwe uca hejuru y’izamu.

Uburyo rukumbi iriya kipe yo muri Tunisia yabonye bwaje ku munota wa 35 w’umukino, ubwo uwitwa Aloui yateraga umupira wari uturutse muri koruneri n’umutwe ugaca hejuru y’izamu rya Ishimwe Pierre.

Bitandukanye n’igice cya mbere, igice cya kabiri cy’umukino hafi ya cyose cyaranzwe no gusatira gukomeye ku ruhande rwa Monastir, gusa uburyo buke iyi kipe yabonye inanirwa kububyaza umusaruro.

Uburyo buremereye iyi kipe yabonye bwaje ku munota wa 79 w’umukino ubwo Omarou Ali Youssoufo yatsindiraga Monastir igitego, gusa umusifuzi wo ku ruhande akemeza ko hari habayeho kurarira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *