1774257666113

CAF yemeje Maroc nk’iyegukanye AFCON 2025

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryemeje ku mugaragaro ko Morocco ari yo yegukanye igikombe cya AFCON 2025, nyuma y’icyemezo cyahinduye ibyari byavuye mu mukino wa nyuma.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa CAF, Maroc ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na Senegal ku mwanya wa kabiri, naho Nigeria iza ku mwanya wa Gatatu.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko Akanama ka CAF gashinzwe ubujurire kemeje ko Senegal yarenze ku mategeko y’irushanwa, nyuma yo kuva mu kibuga mu gihe umukino wari ugikomeje. Ibi byabaye mu mukino wa nyuma wabereye i Rabat, aho Senegal yari yagaragaje kutishimira ibyemezo by’abasifuzi.

Mu byateje impaka harimo igitego cya Ismaila Sarr cyanzwe ndetse na penaliti Maroc yahawe ku munota wa nyuma hifashishijwe VAR. Nyuma yo kuva mu kibuga, abakinnyi ba Senegal bongeye kugaruka, ariko CAF yemeje ko icyo gikorwa gifatwa nko gutsindwa.

Bityo, umukino wanditswe nk’aho Maroc yatsinze ibitego 3-0, ihita ihabwa igikombe cya kabiri cya Afurika.

Nubwo CAF ivuga ko yakoze ibi mu rwego rwo kubahiriza amategeko, iki cyemezo cyateje impaka zikomeye mu bakunzi b’umupira, aho benshi batishimiye ko ibyemezo byo hanze y’ikibuga bishobora gusimbura ibyabereye mu kibuga.

Ku rundi ruhande, Senegal yatangaje ko igiye kujuririra iki cyemezo mu rukiko mpuzamahanga rushinzwe gukemura ibibazo bya siporo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *