Cameroun: Abanyeshuri hafi 80 n’umuyobozi w’ishuri bashimuswe

Sangiza iyi nkuru

Abantu basaga 80 biganjemo abana b’abanyeshuri bashimutiwe muri rimwe mu mashuri yo mu burengerazuba bwa Cameroun mu mujyi wa Bamenda uherereye mu gice gikoresha Icyongereza, aho kugeza ubu nta mutwe urigamba iki gikorwa.

Muri iki gice hari abatavuga rumwe n’ubutegetsi bifuza leta yigenga muri iki gice cy’uburengerazuba bwa Cameroun ndetse bari basabye abanyeshuri kwanga kujya ku ishuri.

Itangazamakuru ryo muri Cameroun rikaba rivuga ko abantu bitwaje intwaro bateye Ishuri ryisumbuye ry’Abaperesebiteriyene (Presbyterian Secondary School) mu Karere ka Nkwen, barangije barundira hamwe abanyeshuri.

Umuyobozi w’ishuri, umushoferi, ndetse n’umwarimu nabo barashimuswe nk’uko bitangazwa na Journal du Cameroun.

Abakoze ibi bashyizeho amasaha ntarengwa yo kugenda ndetse bafunga amashuri mu rwego rwo kugaragaza ko badashyigikiye guverinoma ikoresha Igifaransa ya Perezida Paul Biya.

Muri rusange, hashimuswe abantu 81 barimo umuyobozi w’ishuri. Bajyanywe mu ishyamba nk’uko igisirikare cyabitangarije Reuters.

Iri Shuri ryisumbuye ry’Abaperesebiteriyene ni ishuri rya internat rya gikirisitu ryashinzwe mu 2001 rikaba rifite abanyeshuri 700 kandi ryakira abanyeshuri babarizwa mu madini atandukanye ndetse bava no mu bice bivuga indimi zitandukanye muri Cameroun.

KH COMPOSITE MAP CAMEROON

Abantu babarirwa muri magana bakaba baraguye mu mvururu zo mu bice bya Cameroun bikoresha Icyongereza mu mwaka ushize hagati y’abaharanira ubwigenge bw’intara ikoresha Icyongereza n’igisirikare cya leta.

Abifuza kwitandukanya na Cameroun bakaba bareguye intwaro bagahungabanya ibice bikoresha Icyongereza baharanira ubwigenge bw’ibi bice bifuza kubumbira muri leta itandukanye n’iya Cameroun bita Ambazonia.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *