Nyuma yo gutabwa muri yombi, akirukanwa ku butaka bw’u Burundi yitwa Umunyarwanda na nyuma yo gutangaza ko Ikipe y’Igihugu y’u Burundi nta mukino n’umwe izatsinda mu Gikombe cya Afurika, kuri ubu, Pasiteri Kayihura Modeste, yari yatangaje ko u Burundi buzatsinda ikipe y’igihugu ya Guinea ariko birangira butsinzwe ibitego 2-0 ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, itariki 30 Kamena.
Pasiteri Modeste yatangaje ko hari abakinnyi bagera kuri batatu batageze muri CAN kandi ko nta mukino n’umwe baratsinda.
Soma inkuru bisa hano hasi
https://bwiza.com/2019/04/03/burundi-pasiteri-yatawe-muri-yombi-azira-kuvuga-ko-ikipe-yigihugu-itazigera-itsinda-muri-can/
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook nk’uko iyi nkuru dukesha Ubmnews ikomeza ivuga, yari yashimiye abakinnyi bamwe baganiriye nka Saido Berahino na Fiston Abdoul Razak.
Kuri ubu, Modeste ngo arasaba ko yasubizwa mu gihugu cye cy’amavuko, agasubizwa pasiporo ye ndetse urusengero rwe rukongera rugafungurwa. Atangaza ariko ko ibyo avuga Atari we ubyivugira.


