Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’intebe wa Canada, Justin Trudeau, yavuze ko Canada izaha Ukraine intwaro zisenya ibifaru ndetse n’amasasu yazamuye mu kuyifasha mu ntambara irwana n’u Burusiya.
Trudeau yabwiye abanyamakuru muri Ottawa ati: “Canada izakomeza gutanga inkunga yo gufasha ubutwari mu bwirinzi bwa Ukraine mu kurwanya ingabo z’u Burusiya”.
Yakomeje agira ati “Turatangaza ko dushaka guhagarika ibicuruzwa by’amavuta bituruka mu Burusiya, inganda zikaba zaragiriye akamaro Perezida Putin n’abaherwe be.”
Canada yamaze kohereza intwaro n’inkunga zitari intwaro muri Ukraine, kandi ishyigikiye ibihano byinshi, harimo no gukura u Burusiya muri gahunda ya SWIFT yo kwishyura banki mpuzamahanga.
Minisitiri w’ingabo, Anita Anand yagize ati: “Turimo gutanga ubufasha bwica cyane muri Ukraine, kandi twohereza sisitemu zirwanya ibifaru za “100 za Carl Gustaf” hamwe na roketi 2000, ibyo tuzakora kugira ngo bitangwe vuba bishoboka.”
Iyi nkuru dukesha Reuters ivuga ko mu 2021 Canada yatumije ibicuruzwa by’ingufu mu Burusiya bifite agaciro ka miliyoni 289 z’amadolari nk’uko imibare ya Statistics Canada ivuga.
Canada n’igihugu cya kane mu bihugu bitanga peteroli nyinshi ku Isi, ariko inyinshi iva muri Alberta, kure y’uruganda ruyitunganya rufitwe na Irving Oil, Suncor Energy, Valero Energy Corp na Cresta Fund Management.


