Capitol ishobora guterwa n’abitwaje intwaro- FBI

Sangiza iyi nkuru

Ikigo gishinzwe iperereza muri Amerika (FBI) kivuga ko hari amakuru avuga ko udutsiko tw’abitwaje intwaro bavuye muri Leta zose z’igihugu bashobora kongera kwigabiza, Capitol, ingoro y’inteko ishinga amategeko ya USA, mbere y’ibirori byo kurahiza Joe Biden kuwa 20 Mutarama 2021.

FBI ivuga ko hashobora kuba imyigaragambyo irimo intwaro mu gihugu cyose, ikozwe n’abashyigikiye Perezida Donald Trump mu gihe hasigaye igihe gito ngo uwatowe, Joe Biden arahire.

FBI ngo ishingira ku butumwa butambutswa ku mbuga nkoranyambaga z’abashyigikiye Trump kandi ko inyubako zirimo inkiko, iz’amaleta zishobora kwibasirwa mu gihe Trump yakweguzwa mbere y’ukurahira kwa Biden ndetse no ku munsi nyir’izina w’irahira.

Ejo ku wa mbere, Biden yabwiye abanyamakuru ko nta bwoba afite bwo kurahirira hanze y’ingoro ya Capitol. Ni inkuru yagarutsweho na REUTERS, NBC, APN News, BBC n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga.

Chad Wolf, ukora mu nzego z’umutekano avuga ko mbere y’iminsi itandatu ngo irahira ribe, abashinzwe umutekano bazaba bari hose kuri Capitol. Inzego z’umutekano zivuga ko ibyabaye mu cyumweru gishize bitazasubira kuko ingabo 15, 000 zizaba zihabaye.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Capitol ishobora guterwa n’abitwaje intwaro- FBI
    birababaje rwose. amateka araryana. Imana niyo nkuru yonyine. Amerika irarangiye irasenyutse aba anarchistes aribo ba TRUMP nabazungu biyemera barangije ingoma yabo.

  2. Capitol ishobora guterwa n’abitwaje intwaro- FBI
    birababaje rwose. amateka araryana. Imana niyo nkuru yonyine. Amerika irarangiye irasenyutse aba anarchistes aribo ba TRUMP nabazungu biyemera barangije ingoma yabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *