Abasivili 30 n’abasirikare babiri biciwe mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Repubulika ya Centrafrique, mu mirwano hagati y’inyeshyamba n’ingabo za leta, umubare munini w’abantu bapfuye kuva perezida Faustin Archange Touadéra yatangaza ihagarikwa ry’imirwano hagati mu Kwakira.
“Ku cyumweru, abasivili bagera kuri 30 hamwe n’abasirikare babiri mu Ngabo za Centrafrica bishwe mu bitero bibiri icya rimwe mu midugudu ya Kaïta na Bayengou, mu birometero 500 mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’Umurwa Mukuru, Bangui, hafi y’umupaka na Cameroun”, ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri na Superefe Esaïe Gbanin avugana na AFP.
Iyi mibare yanemejwe na bamwe mu bakora mu bikorwa by’ubutabazi batifuje ko amazina yabo atangazwa.
Iki gihugu Loni ifata nk’icya kabiri gikennye cyisanze mu ntambara hagati y’abaturage nyum y’ihirika ry’ubutegetsi ryo mu 2013. Aya makimbirane arakomeje ariko yagabanutse cyane mu myaka itatu ishize, nubwo uturere twinshi dukomeje gucika ubutegetsi.
Superefe yatunze urutoki inyeshyamba zo mu mutwe wa 3R (Retour, Réclamation, Réhabilitation), umwe mu mitwe ikomeye irwanya ubutegetsi muri Centrafrica.
Aba biyunze ku ihuriro ry’imitwe yitwaje ibirwanisho yatangije urugamba rukaze mu mpera z’Ukuboza igamije gukura ku butegetsi Perezida Touadéra wiyamamarizaga manda ya kabiri.
Touadéra yitabaje u Rwanda n’u Burusiya babasha guhagarika izo nyeshyamba amatora araba ndetse arayatsinda zisubira mu ishyamba aho zikomeje kongera ibikorwa bya guerilla.
Guhera kuwa Mbere, abaturage benshi bo muri icyo gice cyabereyemo imirwano barimo guhungira muri Cameroun.


