migrants_expulses_des_etats_unis_a_bangui_rca_usa_26_jpg_711_473_1

Centrafrica: Abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika bageze i Bangui

Sangiza iyi nkuru

Muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma y’iminsi myinshi yo gutegereza no guhwihwisa, indege ya mbere yari itwaye abimukira birukanwe muri Amerika yageze i Bangui ku mugoroba wo ku wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena. Iki gikorwa cyakozwe mu ibanga, kandi amakuru yacyo ntaramenyekana neza.

Mu rugendo rw’amasaha 24 rwatangiriye muri Alexandria, muri Louisiana, indege ihagarara bwa mbere i Accra mbere yo kugera i Bangui ahagana mu ma saa yine z’ijoro. Kuhagera byakozwe mu ibanga rikomeye, kandi abashinzwe umutekano bari boherejwe ari benshi.

Amakuru aturuka ku kibuga cy’indege avuga ko abimukira bavugwa baba ari 17 kandi bamaze amasaha agera kuri ane kuri sitasiyo ya polisi yo ku kibuga cy’indege buzuza ibyangombwa by’ubuyobozi.

Inkuru dukesha RFI ivuga ko baherekejwe mu gicuku, ubu bakaba  bacumbikiwe mu mahoteri abiri yo mu murwa mukuru, Bangui.

Abategetsi bo muri Centrafrica ntibaratangaza amakuru arambuye kuri iri yoherezwa ry’abimukira.

Mu by’ukuri, nta makuru yerekeye ubwenegihugu bwabo, statut yabo, cyangwa uko bazakirwa mu gihugu byashyizwe ahagaragara. Iki kibazo cyateje impungenge imiryango itegamiye kuri leta, yamagana kudakorera mu mucyo kandi ihangayikishijwe n’ejo hazaza h’aba bimukira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *