Ishyamba si ryeru hagati ya Gen Muhoozi na Gashumba

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko Frank Malimungu Gashumba agiye kwitaba ubuyobozi bwa PLU abereye umuyobozi bitewe n’amagambo aherutse gutangaza ku mute witwaje intwaro wa M23. Gen Kainerugaba abinyujije kuri X yavuze ko Gashumba usanzwe usanzwe ari Visi-Perezida wa PLU mu gice cya Uganda yo hagati, agomba kwitaba Komite nkuru ya […]

Imyaka 46 y’Ubushyamirane: Uko Iran yahinduye geopolitike y’Uburasirazuba bwo Hagati

Kuva ku ifatwa ry’abakozi ba Ambasade ya Amerika mu 1979 kugeza ku makimbirane ashingiye ku ntwaro za kirimbuzi no ku ntambara z’imitwe iyishyigikiye mu karere, Iran yabaye umwe mu bakinnyi bakomeye bahinduye isura ya politiki n’umutekano byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Mu 1979, Impinduramatwara ya Kisilamu muri Iran yakuyeho ubutegetsi bwa Shah Mohammad Reza Pahlavi […]

U Bwongereza bwafatiriye ubwato bwikoreye peteroli bw’u Burusiya muri English Channel

Minisitiri w’Intebe Keir Starmer aravuga ko Ingabo z’u Bwongereza zafashe ubwato butwaye peteroli bw’u Burusiya bwageragezaga kunyura muri English Channel. Kuri iki Cyumweru, Starmer yagize ati: “Iki gikorwa cyagenze neza ⁠⁠cyakubise ikindi kintu ⁠⁠u Burusiya kandi cyibutsa abakomeza guha ingufu ⁠intambara ya Putin muri ⁠⁠Ukraine ko tutuzabemerera kwihisha.” Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza na yo yemeje […]

Uganda: Gen. Otafiire wahoze ari minisitiri w’umutekano yashinje igipolisi yagenzuraga ubwicanyi 

Uwahoze ari Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, Maj. Gen. Kahinda Otafiire, yatangaje ibintu bishobora gufatwa nko kwemerwa mu buryo butaziguye k’umuyobozi mukuru wa guverinoma, ubwicanyi ndengakamere bwakorewe mu gipolisi cya Uganda, asaba uwamusimbuye, Prof. Ephraim Kantu, guhangana n’iki kibazo. Mu butumwa yashyize kuri uyu wa Gatandatu kuri X, Otafiire yaburiye Kantu, uherutse kugirwa […]

Ubucuruzi bwa Habimana bwaciye igikuba muri Mubende

Abaturage bo mu Karere ka Mubende na bimwe mu bice bya Fort portal muri Uganda bacitsemo igikuba nyuma y’aho uwitwa Habimana na mugenzi we Twinamatsiko James, bafashwe bagiye gucuruza inyama z’imbwa. Aba bombi bafashwe na polisi yari icunze umutekano  kuwa 13 Kamena 2026,  mu muhanda wa Mubende bigaragara ko bari bagiye kuzigurisha. Ibitangazamakuru byo muri […]

Nigeria: Uwahoze ari jenerali yapfiriye mu maboko y’abari bamushimuse

Muri Nigeria, uwahoze ari jenerali mu gisirikare cy’igihugu yapfiriye aho yari yarafatiwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byaho. Abubakar yashimutanwe n’umugore we muri Leta ya Katsina mu byumweru bibiri bishize, bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bakekwaho kuba mu mutwe ushimuta abantu kubw’ingurane, uzwi ku izina rya “bandits” cyangwa amabandi. Ibyo guverinoma yavuze Uyu mujenerali wahoze ari umuvugizi […]

Amasezerano ya Iran na Amerika: Ese ni ugutsindwa kwa Israel cyangwa intsinzi ya dipolomasi?

Mu gihe isi yari ihangayikishijwe n’uko amakimbirane hagati ya Iran, Amerika na Israel ashobora kuvamo intambara yagutse, amakuru avuga ko Washington na Tehran biri hafi kugera ku masezerano yatunguye benshi. Icyakora, ikibazo gikomeje kwibazwa ni iki: Ese aya masezerano yaba ari ugutsindwa kwa Israel cyangwa ni intsinzi ya dipolomasi? Israel yari ifite intego ki? Israel […]

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano ikaze i Buhimba

Inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zacakiraniye mu mirwano i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu iherereye muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Kamena 2026. Buhimba ni umujyi uherereye ku mupaka uhuza intara za Walikale na Masisi. Amakuru atangazwa na Actualite.cd avuga ko imirwano yabaye nyuma […]

Centrafrica: Abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika bageze i Bangui

Muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma y’iminsi myinshi yo gutegereza no guhwihwisa, indege ya mbere yari itwaye abimukira birukanwe muri Amerika yageze i Bangui ku mugoroba wo ku wa Gatanu, itariki ya 12 Kamena. Iki gikorwa cyakozwe mu ibanga, kandi amakuru yacyo ntaramenyekana neza. Mu rugendo rw’amasaha 24 rwatangiriye muri Alexandria, muri Louisiana, indege ihagarara bwa […]

U Buhinde: Ba O/Cdts Elie Ndagijimana na Fils Niyikiza basoje neza amasomo muri IMA

Perezida w’u Buhinde, Droupadi Murmu, kuri uyu wa Gatandatu ushize yayoboye umuhango wo gusoza amasomo ya gisirikare mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Buhinde riherereye Dehradun. Aya masomo yari icyiciro cya 158 cy’amasomo asanzwe n’icyiciro cya 141 cy’amasomo ya tekiniki yanitabiriwe n’Abanyarwanda babiri basoje neza. Abasirikare b’u Rwanda basoje amasomo ni O/Cdt Elie Ndagijimana na […]