Centrafrica: Akanama k’Umutekano ka Loni kongereye manda ya MINUSCA

Sangiza iyi nkuru

Mu mwanzuro wako wa 2281, Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni kongereye MINUSCA igihe cyo gukorera muri Centrafrica, aho izasoza akazi kayo kuwa 31 Nyakanga. Bikaba bisobanuye ko yongerewe amezi atatu.

Nyuma y’imyaka 2 MINUSCA ishinzwe hari byinshi byahindutse mu gihugu cya centrafrica aho inzibacyuho yarangiye neza ndetse amatora akaba mu mahoro hakajyaho ubuyobozi bushya. Akanama k’Umutekano k’umuryango kakaba gasanga ubu butumwa bwa Loni muri Centrafrica bukwiriye gusubirwamo hakagira ibivugururwa.

UN-assumes-peacekeeping-responsibility-in-Central-African-Republic

Muri uyu mwanzuro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yasabwe kuganira na guverinoma ya Centrafrica ngo iyi manda nshya MINUSCA izajyane n’ibihe igihugu kirimo kuri ubu.

Kuwa 15 Mata, umuyobozi w’ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Herve Ladsous, yari yagaragaje bimwe mu bikwiye gutezwa imbere nk’uko RFI dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Harimo gushyiraho ikigo kizasubiza mu buzima busanzwe abahoze bitwaje ibirwanisho, kuvugurura inzego z’umutekano cyane cyane igisirikare, gusubiza ububasha leta no kongerera ingufu inzego z’ubutabera, ndetse no kuganira n’imitwe yitwaje ibirwanisho ikigenzura igice kinini.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *