Abafatanyabikorwa ba Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin-Archange Touadera basabye ko haba impinduka mu itegeko nshinga bikamufasha gukomeza kwiyamamariza uwo mwanya, ibyatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bigaragambya.
Abashyigikiye gahunda yo gukuraho umubare wa manda ya perezida bavuze ko byari bigamije guhuza igihugu na benshi mu baturanyi bacyo, kandi ko atari amayeri yo kugumisha Touadera w’imyaka 65 ku butegetsi.
Ariko CrĂ©pin Mboli Goumba, perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Patrie, yavuze ko abayoboke be “bazashikama” mu gushaka guhagarika ayo mavugurura nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Abaharanira inyungu hamwe n’imiryango ikurikirana ubuyobozi bavuga ko iyi nzira ibangamira kwizera demokarasi kandi ikaba yaragize uruhare mu guhirika ubutegetsi kwa gisirikare mu bihugu bya Afurika y’iburengerazuba mu myaka ibiri ishize.
Umushinga w’ivugurura ry’itegeko nshinga washyikirijwe inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kane, wahindura ingingo ivuga ko perezida yemerewe kwiyamamariza manda ebyiri gusa.
Touadera yatowe bwa mbere mu 2016 nyuma y’intambara y’abenegihugu yatewe no guhirika, imyaka itatu mbere yaho, uwahoze ari perezida Francois Bozize.
Touadera yongeye gutorwa mu 2020 mu gihe imitwe y’inyeshyamba yishyize hamwe yashakaga kuburizamo amatora no kwinjira mu murwa mukuru, Bangui. Amatora ataha ateganijwe muri 2025.
Perezidansi ntiyigeze isubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro ku mavugurura yasabwe kuri uyu wa Gatanu.


