000-89687ZB

Centrafrica: Perezida Touadera aritegura kuyobora manda ya 3 nyuma y’amatora

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) habaye amatora atarigeze abaho. Miliyoni hafi 2.4 z’abaturage ba Centrafrica babyukiye gutora Perezida wa Repubulika, abadepite, abajyanama b’amakomine, n’abahagarariye uturere. Amatora yagenze neza nta kibazo gikomeye cyabaye.

Ku biro by’itora No 6 ku ishuri rya Lakouanga, mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrica, Hassan-Ousmane yinjije amajwi ye mu dusanduku tune tw’itora. Nyuma yo gutora yagize ati: “Ni twe duhitamo agaciro n’ejo hazaza h’igihugu cyacu”. Yatangarije umunyamakuru wa RFI, Rolf Steve Domia-Leu ati: “Ni ngombwa rero guhitamo mu bwisanzure abahagarariye igihugu cyacu, kandi aba baduhagarariye bazatuyobora.”

Ku ruhande rwa guverinoma, ibintu byose bisa nkaho byateguwe kugira ngo Faustin-Archange Touadéra w’imyaka 68 atsinde mu cyiciro cya mbere nk’uko bitangazwa na TV5Monde.

MjAyNTEyZWE5ZjNlMzk5ODc0NTBlMjhkNGMwYzVlMGNmOGM1NTg

Perezida Touadera yatowe bwa mbere mu 2016, hanyuma yongera gutorwa mu 2020 mu matora yaranzwe no gushinjwa uburiganya, ndetse aregwa kuba yarashyizeho Itegeko Nshinga rishya ryemejwe mu 2023 rimwemerera kugundira ubutegetsi.

Ibisubizo by’agateganyo by’ibyavuye mu matora ya perezida biteganijwe ku itariki ya 5 Mutarama 2026.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *