Centrafrica: Umucuruzi yishe umukuru w’inyeshyamba wasimbuye mubyara we wishwe na RDF

Sangiza iyi nkuru


Umukuru w’agatsiko k’ubwirinzi kitwaza intwaro wo mu gace ka PK5 kiganjemo abasilamu mu murwa mukuru wa Centrafrica, Bangui, kuri iki Cyumweru, itariki 25 Ugushyingo 2018, yishwe n’umusivili w’umucuruzi nk’uko byemejwe n’abaturage muri aka gace ndetse na Imam w’umusigiti.

Umurambo w’uyu mukuru w’aka gatsiko witwa Mahamat Tahir bakundaga kwita ‘Apo’ wagejejwe ku musigiti wa Ali Babolo mu gitondo cyo ku Cyumweru nk’uko Imam w’uyu musigiti yabitangaje.

Umwe mu baturage bo muri PK5 ati: “ Yishwe n’umucuruzi .”

Uyu muturage yongeyeho ko nyuma abantu ba Mahamat bahise bagaba igitero ku iduka ry’uyu mucuruzi bagiye kwihorera. Ni mu gihe uyu mucuruzi yari yanze gukinga imiryango kandi hatangajwe “Umunsi w’Umujyi Upfuye” (ville morte) nyuma y’iraswa ry’abantu ryabaye muri PK5 kuwa Kane ushize nk’uko tubikesha Jeune Afrique.

Uyu mugabo wishwe bahimbaga Apo, ngo yishwe ubwo yarasanaga n’uwo mucuruzi wari wanze kubahiriza amabwiriza yo kudakora nk’uko byemezwa n’abaturage. Mahamat Tahir akaba yaje guhitanwa n’ibikomere nyuma yo kugera ku bitaro bya MSF mu birometero nka bitanu uvuye aho yarasiwe.

Uyu akaba yaratangiye kuyobora ako gatsiko kuva muri Kamena 2016 nyuma y’iyicwa rya mubyara we witwa Kappo wishwe arashwe yihaye guhangana n’ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrica buzwi nka Minusca.

Iyi nkuru iravuga ko muri aka gace ka PK5 no mu nkengero hongeye kugaragara ihungabana rikabije ry’umutekano muri iyi minsi, aho bivugwa ko kuwa gatatu no kuwa kane abantu byibuze batandatu bishwe abagera muri 20 bagakomereka mu mirwano yahuzaga udutsiko twitwaje ibirwanisho ubwatwo ndetse n’iyahuje utu dutsiko n’igisirikare cya leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *