Urukiko rw’ikirenga rwo muri Repubulika ya Centrafrica rwatesheje agaciro umugambi wa Perezida Faustin-Archange Touadéra wo kuvugurura Itegekonshinga, ku buryo byamufasha kuyobora igihugu no muri manda ya gatatu.
Kugira ngo uyu mugambi ugerweho, Perezida Touadéra yashyizeho itsinda ry’abantu bashinzwe gutegura umushinga w’Itegekonshinga rishya, gusa iki cyemezo giteza umwuka mubi muri politiki, aho imwe mu miryango yateguye imyigaragambyo icyamagana.
Byabaye ngombwa ko hitabazwa urukiko rusumba izindi mu gihugu kugira ngo rufate umwanzuro kuri iri tsinda. Kuri uyu wa 23 Nzeri 2022, rwaritesheje agaciro, rutanga impamvu zitandukanye.
Uru rukiko rwasobanuye ko mu Itegekonshinga havuga ko iyo hari gahunda yo kurivugurura, hiyambazwa umutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko, kandi muri iki gihugu ntubaho.
Rwasobanuye kandi ko muri Werurwe 2021, ubwo Perezida Touadéra yarahiriraga kuyobora iki gihugu muri manda ya kabiri, yatangaje anafashe Bibiliya mu ntoki, ko atazagira umugambi wo gushaka kuyobora manda ya gatatu kuko itemerwa n’Itegekonshinga.
Itegekonshinga Repubulika ya Centrafrica igenderaho ubu ni iryo ku wa 30 Werurwe 2016 ubwo Perezida Toudéra yatangiraga kuyobora iki gihugu.


