Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu rivuga ko Leta ya Chadi imaze gufunga abaturage 700 basaba ko hajyaho ubutegetsi bwa gisivili, abandi 6 bakaba barishwe barashwe kimwe n’abakomerekejwe n’inzego zishinzwe umutekano.
Umuyobozi w’iri shami, Marta Hurtado nk’uko VOA yabitangaje, ni we wemeje iyi mibare, yamagana uburyo inzego zishinzwe umutekano za Chad zikomeje gukandagira amategeko mpuzamahanga arebana n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’imyigaragambyo y’amahoro.
Iyi myigaragambyo yatangiye mu cyumweru gishize, yamagana ubutegetsi bwa gisirikare bwagiyeho hirengagijwe ibitegenywa n’Itegekonshinga nyuma y’urupfu rw’uwari Umukuru w’Igihugu, Marshal Idriss Déby Itno.
Hurtado avuga ko Leta ikwiye kureka abigaragambya bakabikora mu mahoro, ndetse ikumva icyo basaba. Ati: “Abaturage bari mu muhanda basaba ko igihugu cyongera kugendera kuri gahunda y’Itegekonshinga n’ubutegetsi bwa gisivili. Barashaka ko abayobozi bumva icyo basaba.”
Hurtado kandi yasabye ko hakorwa iperereza, abagize uruhare mu gukandagira uburenganzira bw’abigaragambya barimo n’abishwe, bagakurikiranwa n’ubutabera.
Marshal Déby yiciwe mu gitero ingabo za Leta zarwaniragamo n’inyeshyamba, tariki ya 20 Mata 2021. Igisirikare cy’igihugu cyahise gisesa Itegekonshinga, gishyiraho umuhungu we, Gen. Mahamat Déby Itno nk’Umukuru w’Igihugu w’inzibacyuho mu gihe cy’amezi 18, nyuma hakazakurikiraho amatora.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


