Inteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubushinwa yatoye itegeko rikuraho igihe ntarengwa umukuru w’igihugu agomba kumara ku butegetsi. Ibi bikaba bihaye amahirwe perezida Xi Jinping ku guma ku butegetsi igihe kirekire.
Ishyaka riri ku butegetsi rya Communist Party ryari ryatanze icyifuzo cyo guhindura itegeko nshinga kugira ngo bakureho umubare wa manda. Ibi byagomba kubanza kunyura mu nteko ishinga amategeko kugira ngo babanze batore.
Mu badepite ibihumbi 3000 , abatoye ‘Oya’ ni babiri(2), abifashe ni batatu(3) naho imfabusa ni imwe(1). Mu Bushinwa, umukuru w’igihugu yayoboraga manda ebyeri gusa zigizwe n’imyaka 10. Manda imwe igizwe n’imyaka 5. Ibi bikaba byari biri mu itegeko nshinga kuva 1976.
Guverinoma ikaba yatangaje ko gukuraho umubare wa manda z’umukuru w’igihugu, ari ukugira ngo barinde ubuyobozi bw’ishyaka babifashijwemo na perezida uri ku butegetsi Xi Jinping.
Perezida Xi Jinping akaba ari nawe uyoboye ishyaka riri ku butegetsi rya Communist Party . Akaba yaratorewe manda ya kabiri igizwe n’imyaka itanu mu kwezi kw’ Ukwakira 2017.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Nkurunziza viateur/bwiza.com


