Cibitoke: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu makimbirane ashingiye ku butaka

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo muri Komini Mugina mu Ntara ya Cibitoke, mu gihugu cy’u Burundi, bafite impungenge z’ubwiyongere bw’ubwicanyi  bushingiye ku butaka bukomeje kugaragara kuva mu mezi 6 ashize aho bivugwa ko abantu 6 bamaze kwicwa .

Mu nama yateguwe n’ubuyobozi bwa gisivili n’inzego z’iumutekano, hagaragajwe ko ubwicanyi bukomeje kuba nk’ubufitanye isano n’amarozi ku misozi ya Komini Mugina, aho umuyobozi w’iyi komini avuga ko ibi bikomeje kubera abantu badashaka gutunga urutoki abagizi ba nabi.

Uyu muyobozi witwa Jovith Bayavuge atanga urugero rw’abantu babiri baherutse kwicwa bashinjwa amarozi ku musozi wa Rushimabarimbyi, kugeza ubu ababishe bakaba bataramenyekana.

Abaturage bo muri iyi komini bavuga ko ubwicanyi ahanini bushingiye ku makimbirane yo mu miryango nayo ashingiye ku masambu. Aba baturage bakaba basaba ko abakora ubwicanyi bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Umuturage witwa Jean-Claude Miburo uri mu myaka 60 y’amavuko utuye ku usozi wa Nyakage we avuga ko iki kibazo gihangayikishije kurushaho abasheshe akanguhe, agasaba ko barindwa n’inzego z’umutekano.

Uyu musaza avuga ko mukuru we yishwe mu kwezi gushize n’agatsiko k’abantu bamushinja amarozi, ariko we akavuga ko yazize amakimbirane ashingiye ku butaka.

Uwitwa Jacqueline Niyonzima ufite abana batanu, nawe avuga ko umugabo we yiciwe mu maso y’abaturage ashinjwa amarozi, ariko akavuga ko umugabo we yari ku rutonde rw’abantu bagomba kwicwa.

Hagati aho, Jean Claude Hatungimana, Perezida w’Urukiko Rwisumbuye rwa Cibitoke, aremeza ko abantu batatu bamaze gushinjwa ubwicanyi muri iki cyumweru gishize, akavuga ko kandi ubutabera bwiteguye guca uwo muco wo kudahana. Yaboneyeho gusaba abantu kuvuga abagize uruhare muri ubwo bwicanyi ngo bashyikirizwe ubutabera bahanwe.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *