log-14-15e0d

Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu.

Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle Center ruherereye aho hantu.

Ubu bukwe bwitabiriwe n’abantu batandukanye barimo ibyamamare mu myidagaduro nyarwanda, aho abakinnyi ba filime, abahanzi, abanyamakuru ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaye ari benshi.

Nubwo ibi birori byabereye kure y’Umujyi wa Kigali, ntibyabujije inshuti n’abazi uyu mukinnyi kwitabira ku bwinshi, bagaragaza ko bamushyigikiye kuri uyu munsi w’amateka mu buzima bwe.

Clapton Kibonge yari asanzwe yarasezeranye n’umugore we mu mategeko kuva mu 2018, aho yigeze kuvuga ko icyo gihe yahisemo kubana na we bitewe n’uko atari afite ubushobozi bwo gukora indi mihango yose y’ubukwe.

Mu gihe cyakurikiyeho, aba bombi bagiye bagura umuryango wabo, aho bibarutse abana batatu mu myaka itandukanye kugeza ubu.

Clapton Kibonge azwi cyane muri filime zitandukanye zirimo Seburikoko, Umuturanyi ndetse na Mugisha na Rusine, aho yagiye yigarurira imitima y’abakunzi ba sinema nyarwanda.

000a9292 3bcb3 log 14 15e0d 000a2246 37613 000a2220 dabd2 000a2173 0d16b 000a2018 9a0ca espr8575 69bdf espr8481 6a8d5 000a2377 79918 000a2374 424c0 000a2361 5f12d 000a2354 f00d8 000a2351 2 e10f7 000a2347 0f2ea 000a2109 38a7e 000a2070 03a21 000a2072 0893d 000a2037 c2081 000a2065 eb83c 000a2035 744f2 000a2034 422fb 000a1956 12c34 000a1847 68349 000a1865 f7f18 000a1876 4d368 000a1878 3291e 000a1884 90f66 000a1907 f7ce6 000a1914 c9528 000a1919 efa2b 000a1934 07889 000a1922 8b813 log123 10 2d562

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *